![]() |
KING JAMES |
Umwe mu bahanzi ba hano mu Rwanda umenyerewe mu njyana ya Afrobeat, Pop, na R&B RUHUMURIZA James uzwi cyane muri muzika nka KING JAMES nawe ari mu bantu amagana n’amagana bifuza ayo mahirwe nkuko byagaragaye kuri uyu wa 4 Ukwakira 2016 ahitwa Blues Cafe nawe yagiye kuzuza ifishi isaba Greencard.
Mu kiganiro na yeejo.rw , King James yavuzeko aramutse abonye aya mahirwe akemererwa kujya kwibera muri Leta zunze Ubumwe za America ngo byaba ari iby’igiciro cyinshi kuri we kandi byanamushimisha cyane kuko ngo yaba abonye uburyo bwamworohera mu kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga.
Tubibutse ko GreenCard ari ikarita yo kwimuka uva mu gihugu icyo aricyo cyose waba urimo ukajya kuba, gukorera, cyangwa Kwiga muri Leta zunze ubumwe za America aho iyo ugize ayo mahirwe uhita uhabwa Ubwenegihugu bwa U.S.A ndetse n’inzu yo kubamo.
Birakaze
ReplyDelete