Shakisha

Abo turi bo

Sunday, 13 November 2016

Umugabo yashyingiranywe n’ikiyoka akeka ko ari umukobwa bakundanaga wakizukiyemo - Amafoto

 Umugabo yafashe icyemezo cyo gushyingiranwa n’ikiyoka kinini gifite metero zirenga eshatu z’uburebure, akavuga ko yizeye ko umukobwa bakundanaga wapfuye yazutse mu ishusho y’iki kiyoka, bityo akumva ko uwo bashyingiranywe ari wa mukunzi we wari warapfuye.
Uyu mugabo n’inzoka bashyingiranywe, barabana ubuzima bwose umunsi ku wundi, barebana televiziyo, baratemberana ku kiyaga n’ahandi hantu nyaburanga, barararana, bagasangira bakanakora ibindi bintu bitandukanye bari kumwe, kandi ngo yumva baba bari kumwe nk’abashakanye

Uyu mugabo utatangajwe amazina n’ikinyamakuru Daily Mail dukesha iyi nkuru, ni uwo mu gace ka Aziya y’Amajyepfo y’Uburasirazuba mu gihugu cya Thailand, akaba afite imyizerere ya Buddha (Buddhist) ishingiye ku kuba bizera ko iyo abantu bapfuye bongera bakazuka ariko bakagaruka bafite ishusho y’inyamaswa. Uyu mugabo nawe yapfushije umukunzi we mu myaka itanu ishize, ariko ubu yumva ko iyi nzoka babana ari we wazutse.

No comments:

Post a Comment